Karisa Rashid yabonye ikipe

Karisa Rashid wakiniye Rayon Sports umwaka ushize bakaza gutandukana yasinyiye Kiyovu Sports , ahita atangira imyitozo.
Ibi bije nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports yamaze kumenyeshwa ko itemerewe gukoresha abakinnyi yaguze bavuye hanze,byatumye iyi kipe isgarana abakinnyi bakeya.
Kiyovu Sports yatangiye gusha uko yasinyisha abakinnyi basanzwe bakina mu Rwanda koko bo byari byemewe.
Umwe mu bamaze gusinya muri iyi kipe harimo Karisa Rashid wahoze muri Rayon Sports umwaka ushize, akaba yaratangiye imyitozo tarki 11 Nzeri 2024.
Karisa yatangiye imyitozi tariki 11 Nzeri 2024. Kiyovu Sports ikomeje gutegura umukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona, yongereye uyu mukinnyi ku rutonde rw’abakinnyi izifashisha muri uyu mwaka w’imikino 2024-25.
Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga afasha ba myugariro yamaze kongerwa ku bakinnyi Kiyovu Sports izakoresha uy’umwaka.