GICUMBI: Green Party yasuye umushinga w’ubuhinzi bw’ibirayi n’ibigori wakozwe n’abarwanashyaka

Uyu munsi kuwa 5 Tariki ya 20 Ukuboza 2024, Perezida w’ishyaka riharanira kurengera ibidukikije mu Rwanda Hon. Amb. Dr. Frank Habineza yasuye akarere ka Gicumbi ko mu ntara y’amajyaruguru kayobowe na Guverineri w’Intara y’amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice mu rugendo yari kumwe na bamwe mu bayobozi b’ishyaka mu gikorwa cyo gusura umushinga w’ubuhinzi bw’ibirayi n’ibigori wakozwe n’abarwanashyaka.

 

Abarwanashyaka bahuguwe uko bacunga neza umushinga wabo ndetse bongera kwibuntwa amahame n’imyitwarire bigenga Green Party basabwa kubigenderaho kugira ngo bazabashe kugera ku ntego zabo badatezutse.

Abarwanashyaka ba Green Party bo muri Gicumbi bari babukereye basa neza
Perezida w’Ishyaka Green Party yabaganirije
Abagize ishyaka Green Party ubwo basuhuzaga abarwanashyaka biri shyaka
Murenzi Jean De Dieu nawe yabaganirije

 

YANDITSWE NA FRATERNE MUDATINYA JR.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *